Wednesday 29 June 2016

Croix Rouge y’u Rwanda yateye inkunga ya Toni 10 z’imyenda abana bo mu nkambi ya Mahama


Ubuzima bw’abana bo mu nkambi bwugarijwe n’ibibazo bitandukanye bibangamira uburenganzira bwabo bw’ibanze. Muribyo harimo no kutagira icyo kwambara.


Croix Rouge y’u Rwanda (CRR) imaze kubona ikibazo cyugarije abana bo mu nkambi y’impunzi z’Abarundi iri i Mahama mu Karere ka Kirehe yagejeje inkunga ya Toni icyenda (9) zigizwe n’amabaro 918 y’imyenda maze iyishyikiriza abana batishoboye bari mu nkambi.

Iyi nkunga yashyikirijwe ubuyobozi bwi nkambi y’impunzi z’Abarundi i Mahama tariki 21 zukwezi kwa gatandatu k’uyu mwaka wa 2016 hatangwa imyenda kuri bamwe ku bana bayigenewe ariko igikorwa cyo kuyitanga kugirango igere kubagenerwabikorwa bandi bose kikaba gitangijwe kuzakomeza.

Abana bagenewe iyi nkunga hakaba harimo abari mu mashuri abanza ndetse n’abatarageza ku myaka yo kwiga.

Nzoyisaba Jeannette ni umwe mu babyeyi bashyikirijwe imyambaro nibura igera kuri 5 y’umwana we w’imyaka 2. Yagaragaje ibyishimo bye agira ati: “dukenera byinshi hano mu nkambi, ubuzima buba bugoranye cyane ariko byumwihariko abana bacu ntibagiraga icyo kwambara none turakibonye, turashimira uyu muryango wa Croix Rouge uyiduhaye”.

Umukozi wa MIDIMAR wari witabiriye uwo muhango Madamu Gatama Grace akaba ashinzwe gukurikirana ibikorwa byo mu nkambi yatangaje ko yishimiye inkunga CRR ikomeje gutanga mu nkambi. Yavuze ko imyenda y’abana ikaba yari kimwe mu bibazo bihangayikishije ababyeyi muri iyi nkambi.

Imyenda Croix Rouge y’u Rwanda yatanze yaturutse mu gihugu cya Denmark, ikusanyijwe n’abana bafite umutima wo gutabara bagenzi babo bari mu nkambi z’impunzi kubera intambara.

Croix Rouge y’u Rwanda ifite ibikorwa bitandukanye mu nkambi byo gufasha impunzi harimo ubutabazi bwa buri munsi bwo kugeza abarwayi kwa muganga, ibikorwa byo guhuza imiryango yaburanye n’abayo, imfashanyo y’ibikoresho byo mu nzu no mu gikoni, gutera imiryango iba mu nkambi inkunga yo guhinga akarima k’igikoni kugirango baronke imboga zokwongera imirire myiza, n’ibindi.
Intumwa ya Croix Rouge ya Denmark mu Rwanda Marie-Chantal Dahl yambika umwe ku bana bahawe imyenda ingofero. Umwana umwe yahawe imyenda igera nibura kuri 5

Numugabo Antoine