Ibikorwa byo kwerekana ubutabazi bw'ibanze byakozwe mu bice bitanu by'umugi wa Kigali mu rwego rwo gukangurira abatwara ibinyabiziga n'abakoresha umuhanda ku kamaro k'ubutazi bw'ibanze |
Kuri uyu wa
30/06/2016 muri Croix- Rouge y’u
Rwanda hatanzwe impamyabumenyi ku bashoferi baturuka muri sosiyete zitwara
abagenzi n’abayobozi ba za auto Ecoles (amashuri yigisha amategeko y’umuhanda
no gutwara ibinyabiziga) bagera kuri 30.
Muri uwo muhango,
Perezida wa Croix- Rouge y’u Rwanda Dr
Bernard Nzigiye mu ijambo rye yasobanuye ko bibabaje kuba umubare munini
w’abazira impanuka baba bashoboraga gutabarwa iyo baba barahuye n’uzi ubutabazi
bw’ibanze impanuka ikimara kuba. Yagaragaje ko kuba harateguwe amahugurwa
nk’aya kwari ukugirango iki kibazo gikemurwe. Yasabye abahuguwe kuba itara
rimurikira abandi, bityo ibyo bigishijwe nabo bakazabigeza ku bandi.
Dr Nzigiye yavuze
kandi ko ahantu hatanu mu mujyi wa Kigali habereye igikorwa cyo kwerekana uko
ubutabazi bw’ibanze bukorwa hanasobanurwa akamaro kabwo aho hakaba ari Nyabugogo, Remera, Kabuga, Nyamirambo na
Nyacyonga.
Nkiko Samson umukozi wa Croix- Rouge y’u
Rwanda ushinzwe gahunda y’ubutabazi bw’ibanze yavuze ko icyifuzo cya Croix-
Rouge y’u Rwanda ari uko ubutabazi bw’ibanze bwagera kuri buri munyarwanda.
Asobanura ibyakozwe yavuze ko icyari kigamijwe ari ukwerekana ko umutekano mu
muhanda ureba buri wese.
Abayobozi b'ibigo byigisha gutwara ibinyabiziga n'abashoferi b'amamodoka atwara abagenzi mu ntara basoza amahugurwa mu butabazi bw'ibanze |
Abitabiriye ayo mahugurwa bishimiye ubumenyi bayavomyemo
bikaba bigaragarira mu buhamya bwabo: Umurerwa
Aisha umuyobozi wungirije muri Auto Ecole Nyamirambo avuga ko kuba ashoboye
guhugurwa ari amahirwe kuko abona bizamugirira akamaro cyane. Asobanura ko aya
mahugurwa azamugirira akamaro mu kazi akora kandi bikanazabafasha mu buzima
bwabo bwa buri munsi no mu ngo zabo.
Mu
buhamya bwe aragira ati “ubutabazi bw’ibanze nigiye aha ni ngombwa ko bwigishwa
muri auto Ecoles zose, kandi na none buzamfasha no mu muryango wanjye: umwana
agize ikibazo namujyana kwa muganga hari ibyo nabanje kumukorera”.
Rutayisire Jean
D’Amour, umushoferi muri RFTC avuga ko we yatangiye gushyira mu bikorwa
ibyo yigishijwe. Mu buhamya bwe avuga ko mu gihe kitarenze icyumweru nyuma
y’uko yize ubutabazi bw’ibanze amaze gutabara inshuro ebyiri.
Kwerekana uko ubutabazi bw'ibanze bukorwa |
No comments:
Post a Comment